INES Ruhengeri yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa y’amatorero y’imbyino gakondo za Kinyarwanda mu mashuri makuru na kaminuza
Mu marushanwa y’amatorero y’imbyino gakondo za Kinyarwanda yo mu mashuri makuru na kaminuza yaberaga mu karere ka Huye kuva tariki 29 kugera tariki 30 Nyakanga, Ishuri rikuru rya INES Ruhengeri ryo mu Karere ka Musanze ryegukanye umwanya wa mbere mu mashuri 16 yitabiriye.
Aya marushanwa yari agamije gukangurira Abanyarwanda muri rusange urubyiruko rwo mu mashuri makuru na kaminuza ibyiza by’umuco nyarwanda, bazirikana indangagaciro zikubiye mu muganura. Yari agamije kandi guha urubuga urubyiruko rwo muri za kaminuza n’amashuri makuru ngo rugaragaze ubukungu bukubiye mu mbyino nyarwanda no kugaragaza impano nshya.

Uwiringiyimana Jean Claude Intebe y’Inteko Yungirije mu Nteko y’Umuco, yavuze ko insanganyamatsiko y'aya marushanwa yibutsa ko Abanyarwanda bakwiriye kwibuka gushishikarira umurimo, barangwa n'ubumwe bugaragarira mu bufatanye, gutabarana no gusangira. By'umwihariko, urubyiruko rurashishikarizwa gukora cyane kugira ngo rujyane n'isi ya none ifite umuvuduko udasanzwe. Yashimiye kandi Kaminuza y’u Rwanda yakiriye aya marushanwa n'amashuri makuru yose yitabiriye.
Umuyobozi w'Akarere ka Huye Ange Sebutege wari uhagarariye Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu gusoza aya marushanwa, yagaragaje ibyiza by' umuco w'u Rwanda bikwiriye gukomeza gutozwa. Yagarutse ku biza n' izuba ryinshi byaranze igihembwe cy'ihinga A ariko ko Abanyarwanda bakwiriye kubakira ku bumwe, kuko ari ho havomwamo imbaraga zo guhangana n'ibibazo kuko ubumwe bw'Abanyarwanda ari zo mbaraga zabo, bityo rero bukaba bukwiriye kuba injishi n'inkingi y'iterambere ry'ibyiza Abanyarwanda bishimira.
Uko amatorero yitabiriye amarushanwa yakurikiranye:
| No. | Izina ry’itorero/Kaminuza | Amanota: % |
| 1 | INES Ruhengeri | 89,3 |
| 2 | UR/Nyarugenge Campus | 85 |
| 3 | UR/Huye Campus | 83,4 |
| 4 | UTAB | 83 |
| 5 | IPRC Tumba | 81 |
| 6 | UR/Nyagatare Campus | 74,8 |
| 7 | UR/Busogo Campus | 73 |
| 8 | UR/Rukara Campus | 71,4 |
| 9 | UR/Remera Campus | 65,8 |
| 10 | UNILAK | 56,2 |
| 11 | IPRC Karongi | 55,8 |
| 12 | UR/Rusizi Campus | 55,5 |
| 13 | UR/Rwamagana Campus | 55,2 |
| 14 | IPRC Gishari UR/Gikondo Campus | 54,4 54,4 |
| 16 | Kaminuza ya Gitwe | 50,5 |
Amarushanwa nk'aya kandi yateguwe mu rubyiruko rw'Abanyarwanda ruba mu mahanga.
Amatorero 8 yo mu bihugu bitandukanye akaba yaritabiriye aya marushanwa hifashishijwe ikoranabuhanga, amwe muri yo yerekanye imikino y'imbyino zabo mu kiganiro ku muganura cyahurije hamwe Abanyarwanda baba mu mahanga na Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane ndetse n'Inteko y'Umuco ku wa 30 Nyakanga 2023.
Dore uko amatorero y'Urubyiruko rw'Abanyarwanda baba mu mahanga yarushanyijwe:
| NO | IZINA RY’ITORERO | IGITERANYO CY'AMANOTA (%) |
| 1 | ITORERO INDATWA RYO MURI CHANGSHA Aziya/u Bushinwa | 85 |
| 2 | ITORERO KARAME: U Burayi/ u Budage | 82 |
| 3 | ITORERO ITETERO: U Burayi /u Bubiligi | 80 |
| 4 | ITORERO IGICUMBI CY’UMUCO: Afurika/ Senegali | 79 |
| 5 | ITORERO RY’ISHURI RY’UMUCO WA KINYARWANDA (Abanyarwandakazi baba muri Suwede): U Burayi/Suwede | 78.5 |
| 6 | ITORERO DUTARAMANE: Amerika/ Washington/Seattle | 61.5 |
| 6 | ITORERO ISANGO: Afurika/Repubukika ya Santarafurika | 61.5 |
| 8 | ITORERO RY’ISHURI UMUCO: U Burayi/u Bubiligi/ Liege | 57 |