Ishami rishinzwe Serivisi z'Inkoranyabitabo y'Igihugu
Igitekerezo cy’Inkoranyabitabo y’Igihugu mu Rwanda cyavutse mu 1971. Ahagana mu 1970, Guverinoma y'u Rwanda yakusanyije inyandiko nyinshi z’amaminisiteri, ibigo bya Leta n'izindi nzego.
1. Amavu n'amavuko
Igitekerezo cy’Inkoranyabitabo y’Igihugu mu Rwanda cyavutse mu 1971. Ahagana mu 1970, Guverinoma y'u Rwanda yakusanyije inyandiko nyinshi z’amaminisiteri, ibigo bya Leta n'izindi nzego.
Ku wa 23 Ukuboza mu1971, habaye inama yo kuganira ku ishingwa ry’isomero ry’igihugu n’Inkoranyabitabo (D'Orléans, 1973). Iyi ntego yaje kugerwaho mu 1989 igihe Isomero ry’igihugu ryashyirwagaho nk’ishami rya Minisiteri y’Amashuri Makuru n’Ubushakashatsi mu bumenyi mu Iteka rya Perezida No 132/06 ryo ku wa 10 Werurwe 1989. Intego yaryo yari ukuzana ibitabo mu buryo bwemewe n'amategeko, icyakora Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasize ibikorwa remezo rusange by’amasomero byangirika cyangwa bikabura.
2. Gahunda z’Ishami
-Imurika ry’ibitabo ku rwego rw’Igihugu,
-Imurikag ry’ibitabo hifashishijwe ikoranabuhanga
-Amarushanwa y’ubwanditsi;
-Ubukangurambaga bwo gusoma
-Amahugurwa mu micungire y’amasomero n’izindi tekiniki
-Amahuriro yo gusoma hifasishijwe ikoranabuhanga
3. Ikusanya ry’ibitabo
Serivisi z’inkoranyabitabo y’Igihugu zifite ibitabo 5000 bicapye bicungwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya KOHA. Hifashishijwe kandi uburyo bw’iyakure buzwi nka OPAC, abantu bashobora gusura ibitabo biri mu isomero.
Kanda hano usure Inkoranyabitabo:
http://www.rwandanationalibrary.gov.rw/
http://www.rwandadigitalibrary.gov.rw/pmb/opac_css/
4. Ibindi:
IMURIKABITABO RY’IGIHUGU 2023
|
| IZINA RY’IGITABO (Amafoto y’ibifubiko) | INCAMAKE Y’IGITABO | UMWANDITSI | UMWAKA CYASOHOTSEMO | AHO KIBONEKA |
| 1. | Amateka y’Ubukristo mu Rwanda 1900-2015 | Iki gitabo kigaragaza ko itorero ari rimwe ku isi yose, kikerekana imbaraga zakoreshejwe akenshi mu buryo butagiye bushyirwa ahagaragara bihagije, nyamara zari zigamije kurwanya ibizazane kugira ngo habeho ubufatanye bwa Kiliziya / Amatorero ya gikristu mu Rwanda. Iki gitabo kiragaragaza akarango k’itorero rya Kristo mu gihugu cy’imisozi igihumbi, kibutsa inkomoko, uburyo Amatorero/Kiliziya yageze mu gihugu cyacu n’uburyo umurimo wagiye ukura. | Tharcisse Gatwa na Laurent Rutinduka (Ed.) | 2016 |
|
| 2
| André Karamaga: Thof Dignity and Viability of the Church in Africa | “Two things for which we would remain most grateful to him:
| Tharcisse Gatwa (Editor) | 2022 |
|
| 3
| Diaconia in Protestant Churches in Rwanda | The book talks about Diaconia in Protestant Churches in Rwanda. | PIASS- RWANDA | 2017 |
|
| 4 | Drug Abuse and Addiction in Rwanda: Can Rwanda win the war on its own | This PIASS series no 4, is talking about drug abuse and trafficking in Rwanda. It is raising public awareness for the eradication of drug abuse particularly among young people. | PIASS- RWANDA | 2014 |
|
| 5 | Education Quality in Rwanda: Challenges and Opportunities | The publication is talking about various aspects of the field research and theoretical reflections conducted on various factors challenging quality education in Rwanda, policies and strategies set up by Rwanda and communities | PIASS- RWANDA | 2021 |
|
| 6 | Entrepreneurship and Poverty Reduction in Rwanda | This volume presents the role of entrepreneurship in poverty reduction in Rwanda. | PIASS- RWANDA | 2012 |
|
| 7 | Family, Gender and Community Development | This volume of PIASS Series contains the contributions presented by the three PIASS faculties to the fourth annual scientific week organized in JULY 2013. Participants interacted on various aspects of the field research and theoretical reflections conducted from distinctive disciplines on the major topic “Gender Equality and community development”. | PIASS- RWANDA | 2014 |
|
| 8 | Good Governance: Participation, Transparency, Accountability and other Virtues. | This study is about the concept of governance within the churches, how it is understood and implemented | PIASS- RWANDA | 2017 |
|
| 9 | Home grown initiatives and Nation Building in Africa: The Dynamic of social and cultural Heritages in Rwanda | The book describes a number of Rwandan post-genocide initiatives aiming at developping a common sense of identity in population and addressing social, cultural and economic issues | PIASS- RWANDA | 2022 |
|
| 10 | Home grown solutions: A legacy to generations in Africa | The collection of essays published in this first o two volumes tries to describe and analyse the nature and depth of “home grown solutions” as presented in post-genocide Rwanda. The volume deals with: Community work (umuganda), Gacaca courts, community mediators (Abunzi), solidarity work (Ubudehe), performance contract (Imihigo) and cow donation (girinka munyarwanda). | PIASS- RWANDA | 2019 |
|
| 11 | Home grown solutions: Reconciliation and Reconstruction of Rwanda | Participants interacted on various aspects of the field research and theoretical reflections conducted from distinct disciplines on the major topic and subtopics: Home grown solutions: Reconciliation and reconstruction of Rwanda (Phase I: 2015 and phase II: 2017) | PIASS- RWANDA | 2018 |
|
| 12 | Memory work in Rwanda: Churches and civil-society organizations 25 years after the genocide against the Tutsi | A quarter of a century after genocide against the Tutsi of 1994, the memory of this highly traumatic event and of the various tragedies associated with it continues to haunt Rwandans, as has been the case in other post-conflict situations in the world. The survivors of the genocide permanently live with unhealed wounds and trauma. For a country to reconcile and move forward, the biggest challenge is to create the conditions for a real sharing of memories. All components of the society including public bodies, churches and civil-society organizations, are part of this effort. | PIASS- RWANDA | 2020 |
|
| 13 | Together for the survival of our planet: Contribution to mitigate global warming and climate change | The publication is talking about various aspects of the field research and theoretical reflections conducted on the challenges of climate change and global warming to Rwanda and policies and strategies set up by Rwanda and communities. | 2021 |
| |
| 14 | Les Angoisses d'Adélaïde - Rwanda 1994. | Les Angoisses d'Adélaïde est un roman assez particulier; contrairement à beaucoup d'autres romans sur le génocide des Tutsi, il nous transpose dans une dimension qui n'avait pas été suffisamment explorée: soit le degré de violences faites à la femme Tutsi pendant le génocide de 1994 qui n'avait été atteint dans les génocides antérieurs. Le récit d'Adélaïde nous arrive comme un poignard au cœur, il témoigne du courage et la témérité d'une jeune fille défiant un tabou millénaire autour du sexe au Rwanda. Cette parole d'Adélaïde tire de l'ombre un grand nombre de voix de femmes qui ont été violées par les miliciens-interahamwe. Cette tradition ancienne avait toujours voulu que la femme se taise quand elle était victime de violence sexuelle, car le silence était le seul moyen de préserver l'honneur personnel et familial. | Arthemon Rurangwa
| 2000 |
|
| 15 | Kura ujya ejuru: Uko umwana akura mu gihagararo, mu mitekerereze, mu myitwarire no mu mibanire n’abandi (Icapwa rya 2) | Iki gitabo ni imfashanyigisho yunganira ababyeyi, abarezi n’abandi bafite mu nshingano zabo uburezi n’uburere bw’abana mu nzego zitandukanye. Gikubiyemo ubumenyi dukesha inzobere zinyuranye mu mikurire y’umwana busobanura uko umwana agenda akura mu gihagararo, mu mitekerereze, mu myitwarire no mu mibanire n’abandi kuva asamwe kugeza ku bugimbi n’ubwangavu. Murasangamo kandi ibibazo bishobora kubangamira umwana muri urwo rugendo kimwe n’ibyakorwa kugira ngo bimufashe gukura neza. Ndizera ko ubu bumenyi buzafasha ababyeyi, abarezi n’abandi bafite mu nshingano zabo uburezi n’uburere bw’abana gusobanukirwa neza ibyo basabwa gukora kugira ngo abana bacu, bo mizero y’ejo hazaza h’Igihugu cyacu, bakure neza kuri byose. Kura ujya ejuru, mwana wacu! | Fidèle Dushimimana | 2022 |
|
| 16 | SUR L'AUTRE VERSANT DE LA COLLINE Retour aux souvenirs de mon enfance. | Ce manuel est basé non seulement sur mon vrai témoignage en tant que rescapé du Génocide perpétré contre les Tutsi en 1994, mais aussi basé sur celui des amis et collègues du côté des familles Génocidaires ayant presque le même âge que moi. Vous rappelant que j’avais onze ans pendant le Génocide et je me cachais dans les marais (papyrus) de la rivière Akanyaru surnommé « CND », Ntarama – Bugesera, où j’ai perdu pas moins de miens tués par toutes sortes d’armes. Le message que je veux passer est donné sous forme d’échange ou dialogue amical entre deux personnages : - L’un nommé « PAPI » représentant tous les enfants du côté des familles des victimes (Tutsi), étant en cachette et subissant toute sorte de tortures aussi bien morales que physiques et, - L’autre nommé « TITI » représentant tous les enfants du côté des familles des criminels (génocidaires), étant sur la colline en famille dans la vie normale mais subissant aussi quelques tortures morales et physiques de la part de ses propres parents à cause de son amitié avec Papi ! Le style utilisé dans ce manuel est que ces personnages cités ci-haut, PAPI et TITI, se parlent comme s’ils voulaient passer leurs messages l’un à l’autre juste au moment du Génocide d’une part, et/ou ils se parlent encore aujourd’hui se rappelant de ce qui se passait en 1994 pendant le Génocide perpétré contre les Tutsi, d’autre part. Des noms sont attribués à d’autres personnages du livre par le simple choix de l’auteur. Ils représentent différents individus imaginés par rapport aux témoignages reçus au cours de l’élaboration de ce livre. | KUBWIMANA Theogene | 2022 | - Librairie Caritas/ Kigali - Librairie IKIREZI/ Kigali - Kigali Public Library -MINUBUMWE Library - Contacter l’Auteur du livre: Mob: +250 789 675 497 Email: kubwatheo@gmail.com |
17 | “Dusigasire umuco nyarwanda ukubiyemu bukwe” | Iki gitabo kiragaragaza ubukwe nyarwanda, kuva mbere y’umwaduko w’abazungu kugeza iki gihe; uko imihango y’ubukwe yakorwaga n’uko ikorwa ubu, umwimerere w’umuco utagombye kubura mu bukwe, bimwe byarangaga ubukwe bwa kera bityakijyane n’iki gihe, ibyongewe mu birori by’ubukwe byongera ubwiza bwabwo, ibikorwa/bivugwa bitagombye kugaragara mu bukwe … Harimo kandi n’ibijyanye no gusezerana mu buryo bw’amategeko n’amadini. | MURAMUTSA Feligisi | 2018 | Librairie Caritas cg ugahamagara +250788307890 |
| 18. | AMARIRA N’AMARASO (Machozi na damu) (Tears and blood) ISBN:978-99977-0-011-7 | Amateka asusurutse, ntarambirana gusomwa. Ngaho icishe bugufi ducacure Umuco. Mu nteba y’Abakurambere bacu batubanjirije. Igihe ni iki, cyo kuburana umurage w’abakurambere, kumenya kubana, kubanira, no kubanisha, mu muco w’ubworoherane, kubabara no kubabarira abo ugaya. Uburenganzira. Bivuye mu gitabo cy’ururimi rw’Igiswahili – MACHOZI NA DAMU, cy’Umwanditsi E.J. Shigongo. Ubwumvikane. Ku burenganzira bw’Umwanditsi Eric James Shigongo, yemereye Umwanditsi Kanyankore Claver, guhindura inyandiko y’igitabo MACHOZI NA DAMU mu rurimi rw’Ikinyarwanda, bivuye mu rurimi rw’Igiswahili, kugicapisha, no ku kigurisha mu Rwanda. Intego. Kugira ngo dushyigikire umubano, ubwumvikane, ubuhahirane hagati y’abaturanyi, Abavandimwe n’inshuti bashobore guhaha inkuru n’ibitekerezo bishyigikiye umuco mu rurimi bishimiye. | Umwanditsi mu rurimi Swahili Eric James Shigongo Umwanditsi mu rurimi Ikinyarwanda KANYANKORE Claver
0780535688
| 2010 | Muri Libr. Caritas - Rwanda Cyangwa mugahamagara kuri tel: 0788830128
|
| 19. | “IBANGA RY’IBANGA RYANZENGEREJE” | Uburenganzira. Gikurikiye: Igice cya mbere: Perezida akunda umugore wanjye (Rais anampenda mke wangu). Ubwumvikane. Ku burenganzira bw’Umwanditsi Eric James Shigongo, yemereye Umwanditsi Kanyankore Claver, guhindura inyandiko y’igitabo igice cya mbere RAIS ANAMPENDA MKE WANGU na SEHEMU YA PILI: SIRI ILIYOTESA MAISHA YANGU. igice cya mbere n’icya kabiri mu rurimi rw’Ikinyarwanda, bivuye mu rurimi rw’Igiswahili, kugicapisha, no ku kigurisha mu Rwanda. Intego. Kugira ngo dushyigikire umubano, ubwumvikane, ubuhahirane hagati y’abaturanyi, Abavandimwe n’inshuti bashobore guhaha inkuru n’ibitekerezo bishyigikiye umuco mu rurimi bishimiye. ü Kutiraara ku murimo no mu ngendo, irari ry’abagore, gudatererana abafite ubumuga, ububi bwa ruswa ku mipaka no mu bitaro, kumenya uko wifata mu gihe uhuye n’ingorane. Inyigisho nkuru ukura mu nyandiko z’iki gitabo ni izo. | Umwanditsi mu rurimi Swahili Eric James Shigongo Umwanditsi mu rurimi Ikinyarwanda KANYANKORE Claver Imeri: kanyaclave@gmail.com ®KCL_Rwanda 2010 Kanyankore Claver ISBN-978-99977-0-013-1 Kigali,2010 | 2010 | Muri Libr. Caritas - Rwanda Cyangwa mugahamagara kuri tel: 0788830128
0780535688 |
| 20. | “PEREZIDA AKUNDA UMUGORE WANJYE” | Amateka asusurutse, ntarambirana gusomwa. Ngaho icishe bugufi ducacure Umuco. Mu nteba y’Abakurambere bacu batubanjirije. Igihe ni iki, cyo kuburana umurage w’abakurambere, kumenya kubana, kubanira, no kubanisha, mu muco w’ubworoherane, kubabara no kubabarira abo ugaya. Uburenganzira. Bivuye mu gitabo cy’ururimi rw’Igiswahili – RAIS ANAMPENDA MKE WANGU, cy’Umwanditsi E.J. Shigongo. Ubwumvikane. Ku burenganzira bw’Umwanditsi Eric James Shigongo, yemereye Umwanditsi Kanyankore Claver, guhindura inyandiko y’igitabo RAIS ANAMPENDA MKE WANGU mu rurimi rw’Ikinyarwanda, bivuye mu rurimi rw’Igiswahili, kugicapisha, no kukigurisha mu Rwanda. Intego. Kugira ngo dushyigikire umubano, ubwumvikane, ubuhahirane hagati y’abaturanyi, Abavandimwe n’inshuti bashobore guhaha inkuru n’ibitekerezo bishyigikiye umuco mu rurimi bishimiye. | Umwanditsi mu rurimi Swahili Eric James Shigongo Umwanditsi mu rurimi Ikinyarwanda KANYANKORE Claver Imeri: kanyaclave@gmail.com ®KCL_Rwanda2010 Kanyankore Claver ISBN:978-99977-0-012-4 Kigali,2010 | ®KCL_Rwanda 2010 | Muri Libr. Caritas - Rwanda Cyangwa mugahamagara kuri tel: 0788830128
0780535688 |
| 21. | INDONGOZI Y’UMURINZI W’IGIHẦANGO | Umurinzi w’Igihậango. Abonye urumuri rushashagira rutamena amaso; Soma witonze, usubiremo kabiri gatatu inshuro eshatu. Abakurambere bacu. Babeshejweho ahanini no gufatanya, gushyira hamwe, bagahahirana, bagasangira, ntihagire uwima undi ku cyo bungutse mu muryaango cyangwa mu rurugendo. Ubumwe bwabo. Babufataga nk’aho ari ibara ribaranga aho babaga bahuriye mu Rwanda, cyangwa umurunga ubafatanije nk’urubariro rumwe ku rundi mu mahanga. Intego yo kubandikira iki gitabo. Ni ukugira ngo nshimire Komisiyo y’Igihugu, Ubumwe n’Ubwiyunge ishyaka batwereka. Kurwanya ubujiji. Niba turwanije ubujiji turubaka n’ubumwe, bube mu ntego z’irage twubahe kirazira, twimakaze urukundo, bibe indahiro imwe ndakakwanga; ni impamooo ibe Igihậango. Inyungu dusanga muri iki gitabo. Ikindi na none dusanga muri iki gitabo. Cyanditswe n’inararibonye, umubyeyi, umurezi, umuco wo kubungabunga no gusigasira umurage w’ubufura buzira ubuhemu no kugira nabi. Umurage w’ejo ahazaza. Urubyiruko ruduteze amaso ngo tuzabaraga iki? Tubaraze Igihugu cyanyu u Rwanda rwagutse, rwunguwe ku bwitange n’amaraso. | Umwanditsi: KANYANKORE Claver Imeri: kanyaclave@gmail.com Kanyankore Claver ISBN:978-99977-0-080-3 Kigali, 2017 | ®KCL_Rwanda2010 | Mwampamagara kuri tel: 0788830128 0780535688 |
| 22. | AGACIRO K’UMUCO W’U RWANDA IGITARAMO CY’ABABYEYI KU RUGERERO | Inyungu kuri twese abo kigenewe. 1. Abanyeshuri bo mu cyiciro cyisumbuye bazakibonamo igipimo cy’umuco baheraho bahanga inzira nshya y’ubumenyi; n’ikirari abababyaye baba barahanzemo inzira, kuva bavutse, kugera magingo aya, bagereyemo mu mashuri rukomatanya- ruzungu. 2. Abanyeshuri bo mu cyiciro kibanza, bazasangamo inkomoko y’imvugo y’ururimi rw’Ikinyarwanda rushingiye ku magambo basangana ababyeyi babo, mu gihe baba bataramanye baganirira hamwe.
3. Intore zitegura kuba abatabazi b’Igihugu ku Rugerero, zihasanze intwaro zifuzaga kuva kera, bitari byabindi bivugirwa aho bigahera aho bicaye.
4. Inkumi n’abasore bo bagiye kumenya kwiyubaha no kubahana. Kwitegurira amarembo atahwa n’imfura, inka n’abana mu murage-karande-urudaca.
5. Ababyeyi nabo bazashimishwa no kubona abana babo biha ibibazo, bakongera kubyisubiza byumvikana bamaze gusoma aka gatabo.
6. Erega aka gatabo ni indongozi. Kagenewe Umuryango Nyarwanda Mugari muri rusange nta vangura; icyororo cy’ikiremwa-muntu, gifite kamere-karemano n’agaciro k’ubuntu, burangwa n’indangagaciro nyamuntu, bugengwa n’ubufura n’umurava. | Umwanditsi KANYANKORE Claver Myambitagorama Imeri: kanyaclave@gmail.com Kanyankore Claver ISBN:978-99977-0-014-8 Kigali,2014 | ®KCL_Rwanda2010 Kanyankore Claver ISBN:978-99977-0-014-8 | Mwampamagara kuri tel: 0788830128
0780535688 |
| 23 | Little Readers and Leaders book series | A poetic picture book series shaping little readers into future leaders as they read their way around Rwanda with universal leadership lessons for every child. The series is made of 10 titles in Kinyarwanda and English. | Written by Dr Melany Rabideau, illustrated by Dolph Banza, and translated by Isaie Micomyiza | 2023 | aKamarimari Hub +250 784 390 752 |
| 24 | Inzozi z’urukundo
| Igitabo cyitwa INZOZI Z’URUKUNDO, cyanditswe na Emmanuel UWIMANA (Emmy Sympa). Natekereje kwandika iki gitabo nyuma yo kubona ingorane abagize umuryango Nyarwanda bafite muri ibibihe, aho usanga abagize umuryango (umugore, umugabo, abana) bicana buri munsi. Nyuma yo kubona izo ngorane zose nakoze ubushakashatsi, ndetse n’ubusesenguzi ku mibanire y’abagize umuryango Nyarwanda, nsanga hari ibibazo byinshi, birimo: ‘‘Amakimbirane aza mu muryango atewe n’impamvu mbi zo gushaka umugabo cyangwa umugore’’. Ibyo byose bishingiye kuba urukundo rwarakonge, abenshi bakaba bakundana bagamije inyungu zabo bwite. Usanga abantu benshi binjira mu rukundo, batazi neza aho bagiye, bakabona abagize umuryango uyu n’uyu bameze neza, bakumvako nabo nibashaka bazahita bamera gutyo, ibyo byose byo gushaka umugore cyagwa umugabo ugendeye ku mpamvu mbi, niyo ntandaro y’amakimbirane abaho mu muryango. Wowe rero ushaka gukabya inzozi z’urukundo, ndagusaba gufata umwanya muto ugasoma iki gitabo, kizagufasha kumenya ibibera mu rukundo, bityo uzarwinjiremo waramaze kwitegura no kumenya neza ibibera muri icyo gicumbi, nugira n’ingorane uhura nazo uzabe witeguye bihagije kuzikemura. Ibyishimo by’umuryango wawe biri mu biganza byawe. Abanyarwanda baravuze ngo: “Akabando k’iminsi gacibwa kare ka kabikwa kure”. Nandika iki gitabo, natekereje cyane kubagize umuryango nyarwanda batakibonera umwanya abana babo, ngo babagire inama ku byerekeranye n’ubuzima bwabo, natekereje no kubana bimfubyi aho abenshi muri bo bisanze kugasozi katagira isano, abakiri batoya bisanze aribo bakuru b’umuryango, kandi nabo bakeneye inama zo gutanga kuri barumuna babo, hari byinshi bibaza cyangwa babazwa nti babibonere ibisubizo ariko niba uri muribo cyangwa ukaba inshuti zabo nusoma iki gitabo kizagufasha kuganira n’abakuru bababwire byinshi bitandukanye ku rukundo n’imibanire myiza y’abagize umuryango maze namwe muzakabye Inzozi z’urukundo. | Emmanuel UWIMANA | 2017 | 1. Library Caritas Kigali 2. Arising Book shop Kimirongo 3. Ikirezi Library bookshop 4. Kigali Public Library www.amazon.com for ebook Tel 0788892053 |
| 25 | Isano isumba iy’Amaraso | Ikigitabo cyitwa ISANO ISUMBA IY’AMARASO cyanditswe na Emmanuel UWIMANA (Emmy Sympa). Uyu mwanditsi mu buzima akunda Ubwigenge, amahoro, urukundo akaba akunda kubikundisha abandi. Ikindi yita ku gihe, kuko yasanze igihe ari ubuzima, kandi ubuzina ari igihe. Nandika iki gitabo nibanze ku mibereho n’imibanire y’abantu cyane abanyarwanda nyuma ya Genocide yakorewe abatutsi mu w’i 1994 mu Rwanda, ngerageza gusobanura ibikomere, bikomereye benshi n’ingaruka byateje mu muryango nyarwanda, ngerageza gusobanura ko ibyo tubamo, dukora, uko tubikora n’abo tubikorera, ari byo bigaragaza isura y’isano dusangiye. Nongeye kugaruka ku gihe/ubuzima tumara kuri iyi si, nsaba buri wese kubikoresha neza, kuko “Umunsi umwe uzaba usigaye ur’urwibutso ku bantu. Gerageza ukore ibyiza kugira ngo uzabe urugero rwiza kuri benshi bazumva amateka yawe”. Wowe rero, utajyaga uha agaciro iyo sura usiga kubo musangira, ndagusaba ku bizirikana kuko baravuga ngo: “Uwiba ahetse aba atoza uri mu mugongo”. Uzirikane ko ibikorwa byawe, bizagira ingaruka nziza cyangwa mbi kubo uzasiga imusozi muhuje isano isumba iy’amaraso. Rero sigaho gusiba iyo soko dusangiye. Ahubwo subiza amaso inyuma, ukosore ibyo wakosheje, uzahaca wese azashime ko wasigasiye iryo sezerano ry’abasogokuruza. | Emmanuel UWIMANA | 2020 | Library Caritas Kigali 2. Arising Book shop Kimirongo 3. Ikirezi Library bookshop 4. Kigali Public Library www.amazon.com for ebook Tel 0788892053 |
| 26 | Umurunga w’urukundo | Igitabo cyitwa ‘‘UMURUNGA W’URUKUNDO’’, cyanditswe na Emmanuel UWIMANA (Emmy Sympa). Natekereje kwandika iki gitabo, nyuma yo kubona no gutekereza ku butwari, bw’abantu batandukanye, bagira kuri iyi si, nyuma yo kubaho amateka n’ibigwi byabo bikibagirana nk’inyuguti zanditswe ku musenyi. Abahanga benshi, bakoze ubushakashatsi butandukanye, ku mibereho n’imibanire y’abantu bemeje ko amagambo avuzwe yibagirana nyuma y’igihe runaka ariko inyandiko zihamaho iteka n’iteka. “Les paroles s’envolent mais les écrits restent”. Ngendeye kuri aya magambo, natekereje ko iyi si dutuye iyo itaza kugira abahanga bavumbuye imyandikire ngo handikwe amateka n’ubuhanga bwagiye buhererekanywa ibinyejana n’ibinyejana, ubu tuba tubayeho ubuzima butandukanye n’ubwo tubamo uyu munsi. Niyo mpamvu nandika iki gitabo nibanze ku mateka n’ubuzima bwaranze abantu benshi bakoze ibikorwa byinshi byiza by’ubutwari, birimo: “Kwitangira abandi, bagahangana n’ubuzima bwo kuba imfubyi bakiri bato, bagakundana, bakubaka urugo, bagakora batizigamye bakiteza imbere, yewe bakagirira n’abandi akamaro.” Nyamara abagizi ba nabi, bakabambura ubuzima batitaye ku neza bagiriye benshi nabo barimo. Nubwo byagenze gutyo kuri benshi twakundaga, twabuze nashatse ko imirimo yabo myiza, ineza bagiriraga uwabaganaga wese ya kwiturwa kwandikwa muri iki gitabo gikubiyemo ubuzima bwabo, ngo kizabe urwibutso rudashira rw’urugendo rw’ubuzima bagize bakiri kuri iyi si. Nawe ushobora kuba ufite benshi wibuka bagize ibikorwa byiza yewe by’ubutwari nk’ubw’umuryango wa Uwera na Rwema, bakaba batakiriho, ntuzabyihererane uzabisangize benshi, bizababere urugero rwiza rwo kugira neza muri iri shuri ry’ubu buzima. Maze nabo bazasingire kuri uwo Murunga w’urukundo. Ibindi bitabo nanditse: o Ubuzima mu muryang | Emmanuel UWIMANA | 2020 | Library Caritas Kigali 2. Arising Book shop Kimirongo 3. Ikirezi Library bookshop 4. Kigali Public Library www.amazon.com for ebook Tel 0788892053 |
| 27 | Ibikomere byawe byanteye gukomera | Igitabo kitwa IBIKOMERE BYAWE BYANTEYE GUKOMERA, cyanditswe na Emmanuel UWIMANA (Emmy Sympa). Natekereje kwandika iki gitabo, nyuma yo kubona no gutekereza ku mibireho n’imibanire y’abantu batandukanye, batuye isi bahuye n’ibikomere byo ku mutima batewe n’amateka y’umuryango bamwe muri bo bavutsemo cyangwa abandi barerewemo. Ibyo bikomere bikomereye benshi, baZrimo abo tuvukana, abo dusengana, abo dukorana, abo tubana, abo twashakanye, abana bacu n’abandi. Nahisemo kwandika iki gitabo, nyuma yo kubona abantu benshi bari mu byiciro maze kuvuga haruguru, babana n’ingaruka z’ibyo bikomere ndetse bamwe bakumva ko kubaho ntacyo bimaze. Nafashe uyu mwanya kugira ngo nsangize benshi amateka yuzuye ibikomere duhuriyeho n’abenshi dusangiye iri shuri ry’ubu buzima; aharise na we waba ufite amateka afite aho ahuriye n’aya Gasaro na Kaliza bavugwa muri iyi nkuru ndende. Wowe wakomeretse naje ku kubwira ngo Komera, baho, ntiwemere ko ibyo bikomere ufite biguherana ahubwo uhobere ubuzima, ubeho! Abahanga mu by’imitekerereze ya muntu baravuze ngo: ‘‘Ubuzima ni nk’igitabo, ibice bimwe bikigize byuzuye imibabaro, ibindi byuzuye ibyishimo, ibindi nabyo bidusaba guhora dutegereje ibizaza tutazi, ariko iyo udahinduye urupapuro rwacyo nta na rimwe uzigera umenya ibyanditse ku kindi gice gikurikiraho”. Rimwe na rimwe burya umuntu ukomeretse aba akeneye umuntu ufite ubumuntu, umufata mu maboko, akamwiyegamiza mu gituza, bikamutera gutuza no gukomera. Ndagusaba umwanya wo gukurikira iyi nkuru nise “Ibikomere byawe byanteye gukomera” ahari se na we yagufasha gukomera cyangwa gukomeza uwawe. Uzahore uzirikana ko igice gito kibi kiri mu gitabo cyawe ntikivuze ko iyo nkuru yose ari uko izarangira. Nyemerera nkwisabire rero, wowe wakomeretse cyo ngwino duhobere ubuzima butazima tukiri bazima. Dukomere! Dukomeze abandi, twemere kubaho! Nubwo bitatubuza gukomeza gukomereka, ariko twemere kuba intwari; dutwaranire kubaho, turenzeho gukomera | Emmanuel UWIMANA | 2022 | Library Caritas Kigali 2. Arising Book shop Kimirongo 3. Ikirezi Library bookshop 4. Kigali Public Library www.amazon.com for ebook Tel 0788892053 |
| 28 | Ikiguzi cy’Imbabazi | Iki gitabo kitwa “Ikiguzi cy’imbabazi”, cyanditswe na Emmanuel Uwimana (Emmy Sympa). Natekereje kwandika iki gitabo nyuma yo kuganira n’abantu b’ingeri zitandukanye, aho bakubwira agahinda bahuye na ko mu buzima, nawe ntube watinda kubabara ucyumva iyo nkuru itera urumeza n’imbeho mu nda, yewe ntube wanashidikanya ko koko agahinda gashira akandi ari bagara! Wibaza icyaha bakoze gituma bahanwa bigezaho, bagatuzwa kure y’ibyishimo bikagushobera n’igihe ibyo byishimo bibasuhuje ntibabitindane. Muri iki gitabo nise ‘‘Ikiguzi cy’imbabazi’’ ni inkuru y’urukundo ivuga ku buzima bukomeye abantu batari bake bacamo, nyuma bakazabaho babona ko ubuzima bwabo bwose bufite igisobanuro kimwe cy’‘‘Agahinda cyangwa Umubabaro’’ usanga bahora babona ko nta mahirwe na make bajya bagira mu buzima ngo amare kabiri, ari ho usanga bamwe bagira bati: ‘‘Agahinda gashira akandi gashibuka.”, kandi bakongera bati: “Uwarushye ntaruhuka’’. Wowe ufite amateka nk’ay’Umurungi na Mbabazi bavugwa muri iki gitabo, wowe se ubana cyangwa uzabana n’umeze nka bo, uramenye niwumva ibyabo ntuzabatererane ngo ubategeze isi, ahubwo uzabababarire kuko bakwiriye imbabazi. Ese nawe ufite benshi wibuka bagize ibikorwa byiza by’ubutwari nka Manzi, Keza na mubyara we, ntuzabyihererane uzabisangize benshi, maze bose bizababere urugero rwiza rwo kugirira imbabazi abazibuze. Twese tuzasome, tuzasomeshe, tuzasomere kuri iyi ntango nziza y’amahoro n’imbabazi maze dusangize benshi ibyishimo tubasangiza iby’iyi nkuru y’“Ikiguzi cy’imbabazi”. | Emmanuel UWIMANA | 2021 | Library Caritas Kigali 2. Arising Book shop Kimirongo 3. Ikirezi Library bookshop 4. Kigali Public Library www.amazon.com for ebook Tel 0788892053 |
| 29. | SHARPED | Shaped ni igitabo kivuga ku buzima bw'umwanditsi, mu bihe bitandukanye by'ubuzima bwe. Kikaba kerekana inyigisho zitandukanye ubuzima bwamwigishije. Shaped yanditswe mu rwego rwo gufasha abantu gutinyuka kwandika amateka y'ubuzima bwabo. | Barbara UMUHOZA | 2022 | -Librairie Ikirezi, -Charisma, -Librairie Caritas |
| 30. | MES MAINS DOUEES COURS DE TECHNOLOGIE | | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | |
| 31. | MES MAINS DOUEES COURS DE GENIE CIVIL | | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | |
| 32. | MES MAINS DOUEES COURS DE SCIENCE | | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | |
| 33. | MES MAINS DOUEES COURS DE MATHEMATIQUES | | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | |
| 34. | NTUKIHEBE Ejo heza harahari | | DUSENGE Nadia | G&I Publishers | |
| 35. | MES MAINS DOUEES COURS DE SCIENCE | | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | |
| 36. | IMIBARE UMWAKA WA MBERE | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | ||
| 37. | Les petits champions | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | ||
| | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | |||
| 38. | Les petits champions | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | ||
| 39. | Les petits champions | GISA SHYAKA Y. | G&I Publishers | ||
| 40. | LA FETE DES ALPHABETS | | BENIMANA Bertin | G&I Publishers |